Ibyishimo byinshi kubanyeshuri bagarutse gutangira umwaka wa 2021/2022 muri GS Marie Merci Kibeho.

Umuyobozi ushinzwe amasomo yakira abanyeshuri,

Nyuma y’uko Minisiteri y’Uburezi itangaje ko umwaka w’amashuri wa 2021/2022 uzatangira mu Ukwakira uyu mwaka ku banyeshuri biga mu mashuri Abanza, Ayisumbuye n’ay’Imyuga n’Ubumenyingiro.

Ingengabihe y’umwaka w’amashuri wa 2021/2022, yatangajwe kuri uyu wa Kane tariki ya 2 Kanama 2021 igaragaza ko umwaka w’amashuri uzatangira tariki ya 11 Ukwakira 2021, ukarangira tariki ya 15 Nyakanga 2022; ishuri ryisumbuye rya Groupe scolaire Marie Merci Kibeho rikomeje kwesa imihigo mu mitsindire.

Nkuko bisanzwe, irishuri ritsinda ijana ku ijana 100%, uyumwaka wa 2021 abanyeshuri bose batsindiye mu kiciro cya 1 n’icya 2.ibyo bituma abanyeshuri bagarutse bishimira umusaruro mwiza abasoje icyiciro rusange tronc commun bagize mu mwaka w’amashuri wa 2020-2021 kandi abari mu myaka isoza ibyiciro byombi bavuga ko batazatezuka kumyigire n’ikinyabupfura biboneye doreko ariyo nkingi ituma umunyeshuri asohoka akigirira akamaro ndetse akakagirira n’igihugu muri rusange.

Umuyobozi w’ishuri Padiri NSHIMIYIMANA Pascal na bamwe mu babyeyi.
bamwe mu babyeyi bategereje ko abana bakirwa mu kigo.

Leave a Comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *